1 Yesu arabasubiza, yongera kubacira umugani ngo: 2 Ubwami bw'ijuru busana n'umwami umwe washatse gukorera umwana we ubukwe. 3 Atuma abakozi baje kwakira abantu bararitswe, ariko bose banga kuza. 4 Yongera atuma bandi ngo baje kubakura bababwire: Reba namaze kwitegura, n'abaze inka yanje ibiryo n'ibindi byose biri tayari none muze mubukwe. 5 Baramuseka, barigendera buri muntu mu mukazi ke, abandi bigira gucuruza. 6 Abataragize iyo baja, bafata ba bakozi barabahonda no kubica. 7 Nuko wa mwami ararakara cane, atuma abasoda be bica babagizi ba nabi no kurimbura urusisiro rwabo rwose. 8 Maze abwira abagaragu be: reba ubukwe burageze ariko abo twatumiye bose banze kuza ntaho bakwiriye. 9 None rero mugende mumabarabara manini n'amatoya abo murabona bose baze mubukwe. 10 Abo bagaragu baragenda baja mumayira manini barundarunda abantu bose bo babonye, ababi n'abeza, ubukwe bwuzura abashitsi. 11 Igihe cu Mwami yinjiriye munzu kureba no kuramutsa abashitsi, abona umuntu mwe udafite umwenda gu bukwe. 12 Aramubwira: weho winjiye gute hano? ntamwenda gu bukwe ufite? Abura ico agamba. 13 Nuko Umwami ategeka abagaragu be ngo: Bamufate bamuzirike amaboko n'amaguru no kumujugunya mu mwijima hanze, kuko hazabayo kurira no guhekenya amenyo. 14 Kubera ko abahamagawe ni benci ariko abarobanuwe ni bake. 15 Nuko abafarisayo baragenda gukora inama ukobashobora gutega Yesu mu magambo ge. 16 Batuma abantu babo hamwe na ba Herode bagamba ngo: Mwarimu, tuzi neza ko weho uri muntu w'ukuri kandi wigishaga inzira y'Imana y'ukuri kandi ntutinyaga abantu ntanubwo urebaga ubwiza bw'umuntu. 17 None tubwire, urigutekerez'iki? ningombwa kuriha imisoro ya Kaizari cangwa oya? 18 Yesu amaze kumenya ububi bwabo arabasubiza: kubera iki muri gushaka kungerageza mwa ndimanganya mwe. 19 Munyereke igiceri c'umusoro, bamuzanira idinari. 20 Arababwira iyi ni sura yande? N'ikimenyetso cande? 21 Baramusubiza ngo: Niya Kaizari. Nuko rero: Ibya Kaizari mubihereze Kaizari n'iby'Imana mubihereze Imana. 22 Bamaze kubyumva baratangara baramusiga barigendera. 23 Icyo gihe Abasadukayo bavugaga ko nta muzuko gubagaho baza iwe baramubaza: 24 Mwalimu, Musa yaragambye ngo umuntu abaye apfuye nta abana afite, mwene nyina azasohoza umugore we kugira ngo amubyareho abana . 25 None twari dufite ibyene nyina biridwi, uwambere arasohoza arapfa atari ya byara, umugore we amusigira mwene nyina. 26 Gucoguco amusigira uwagatatu kukez'ubwo uwakaridwi nawe yamutunze ho. 27 Nyuma ya bose umugore nawe arapfa. 28 None igihe c'umuzuko, uwo mugore azaba uwande? kubera ko bose bamutunze ho. 29 Ariko Yesu arasubiza ngo: Mukoze amakosa kubera ko ntaho muzi ibyanditswe, nda nubwo muzi ubushobozi bw'Imana. 30 Mumenye ko igihe co kuzuka nta gusohoza cangwa gusohozwa kubera tuzaba tumeze nga bamalaika mw'ijuru. 31 Kandi mu byerekeye kuzuka kw'abapfuye ntaho mwa bwiwe n'Imana ko: 32 Njewe nd'Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka ndetse Imana ya Yakobo; ndabwo nd'Imana ya bapfu ariko nd'Imana yabari guhumeka. 33 Abantu bamaze kuby'umva, baratangara kubwo amigisho ge. 34 Ariko Abafarisayo bumvishe ko yafunze akanwa k'Abasadukayo baraza bateranira kuri Yesu. 35 Umwe muri bo, wo munyamategeko aramubaza arikumugerageza: 36 Mwalimu, mu mategeko gose nirihe tegeko rikuru? 37 Aramusubiza ngo: ukunde Umwami Imana yawe n'umutima gwawe gwose n'ubwenge bwawe bwose. 38 Iryo niryo tegeko rikuru kandi rya mbere. 39 Niryakabiri risana niryo rya mbere naryo niri: Ukunde mugenzi wawe nkuko wikunda. 40 Agamategeko gombi gakubiyemo amategeko n'ubuhanga muzi. 41 Abafarisayo bamaze guterana hamwe, Yesu nawe arababaza. 42 Mutekerez'iki kubyerekeye Kristo? N'umwana wa nde? Baramusubiza ngo n'umwana wa Daudi. 43 Arababwira: None ni gute Daudi muby'umwuka amwita Mwami arikugamba ngo: 44 Mwami yabwiye umwami wanje : wicare m'ukuboko kwanje kw'uburyo kugeza igihe co nzashira abanzi bawe musi yamaguru gawe. 45 None Daudi niba ariguhamagara Umwami, abaye umwana w'Umwami gute? 46 Ntamuntu numwe wamushubije ijambo na rimwe kuva icho gihe ntanumwe wongeye kumubaza ijambo.