Matayo 21

1 Mu gihe co bari begereye i Yerusalemu, bagera i Betifage aherekeye ku gasozi k'i Mizeituni, Yesu atuma abigishwa babiri, 2 Arikubabwira ngo : Mugende m'urusisiro ruri imbere yanyu, murasanga yo ipunda iziritswe hamwe n'icana cayo muyiziture muyinzanire. 3 Nihagira umuntu ugira ico ababaza mumusubize ngo : Umwami arayikeneye. Muri ako kanya arabareka mugende. 4 Ibyo byabaye kugira ngo hasohore ibyagambwe n'umuhanuzi ngo : 5 "Mubwire umuhara w'i Siyoni ngo : "Dore umwami wawe aje i wawe, yuzuye ubwitonzi kandi ahetswe n'ipunda, n'icana cayo. 6 Abigishwa baragenda bakora nkuko Yesu yabibategetse. 7 Bazana ipunda n'icana cayo, bayirambura ho imyenda yabo; yicara hejuru yayo . 8 Bamwe mu bantu benshi bari aho ngaho basasa imyenda yabo mu nzira; abandi baca amatabi g'ibiti no kugasasa mu nzira. 9 Abari imbere n'abari bakurikiye Yesu barabiraga bari kugamba ngo : Hozana mwana wa Daudi ! Gira imigisha weho uje mw'izina ry'Umwami ! Hozana ahasumba hose. 10 Mu igihe yinjiraga muri iYerusalemu umugi gose gurahungabana baragamba ngo : Uyu ninde ? 11 Abantu kangari barasubiza ngo : Uyu n'umuhanuzi Yesu w'i Nazareti y'i Galilaya . 12 Yesu yinjira mu nzu y'Imana. Yirukana abantu bose bagurishirizaga no kugurira mu nzu y'Imana; abirindura ameza z'abavunjayi b'amafaranga, n'intebe z'abagurishaga inuma. 13 Nuko arababwira ngo : Byanditswe ngo : Inzu yanje izitwa inzu y'amasengesho ". Ariko mwewe mwayihinduye ubuvumo bw'abasambo. 14 Impumyi n'ibirema baramwegera ari mu nzu y'Imana. Nuko arabakiza . 15 Ariko b'abatambyi bakuru n'abakarani barababara babonye ibitangaza byo yakoze n'abana bari barikwabirira mu nzu y'Imana ngo : Hozana mwana wa Daudi ! 16 Baramubwira ngo : Mbese nturikumva ibyo barikugamba ? Yesu arabasubiza ngo : Ingo. Ntaho mwigeze gusoma aga magambo : " Kuva mu kanwa kabana bato n'abonkaga nimwo wakuye amashimwe "? 17 Arabareka aja hanze y'umugi kugeza i Betaniya ararayo . 18 Nuko mu gitondo agarutse mu mugi agira inzara . 19 Arebye igiti c'umutini ku nzira aracegera, ariko nta kintu yabonye kuri ico igiti usibye amababi gusa; arakibwira ngo : Ntihakagire itunda rizongera kukweraho ! Muri ako kanya umutini guruma. 0Abigishwa babonye ibyo baratangara baragamba ngo : Ni gute ugu mutini gwahise guma ? 21 Yesu arabasubiza ngo : Nukuri ndababwira, iyaba mwari mufite kwizera kandi ntimugire gushidikanya ntaho muzakora gusa ibikozwe kuri ugu mutini, ahubwo nimuzabwira ugu musozi ngo : Vaho ngaho wijugunye mu ngezi, ibyo bizaba . 22 Ibyo muzasaba byose mu masengesho, muzabihabwa . 23 Yesu aja mu nzu y'Imana, noneho mugihe yari arikwigisha , abatambyi bakuru n'abakuru b'abantu baza kumubwira ngo : Ni k'ubuhe bubasha ukora ibyo bintu kandi ninde wabuguhaye ? 24 Yesu arabasubiza ngo : Nanje ndababaza ikibazo kimwe, kandi nimukinsubiza ndababwira ni kubushobozi ki nkora bino bintu. 25 Umubatizo gwa Yohana gwavuyehe ? Gwavuye mwijuru cangwa ku bantu ? Bariburanya mu mitima yabo barikugamba ngo : Nidusubiza ngo : Mwijuru, aratubwira ngo : Kubera iki mutamwizeye ? 26 Kandi nidusubiza ngo : ku bantu turatinya abantu kubera ko bose babona Yohana nk'umuhanuzi. 27 Maze basubiza Yesu : ngo : Ntaho tubizi. Nawe arababwira ngo : nanje nuko ntaho ndababwira aho nkura ubushobozi bwo gukora ibi bintu. 28 Ariko muri gutekereza iki ? Umuntu umwe yari afite abana babiri abwira uwambere ngo : Mwana wanje genda ukorere uruzabibu rwanje. 29 Arasubiza ngo : Sinshaka. Nyuma yaho, arihana aragenda . 30 Abwira uwakabiri guco. Nuko uwo mwana arasubiza ngo ndagiye Mwami, ariko atajayo. 31 Ninde murabo babiri wakoze gushaka kwa Se ? Barasubiza ngo : Uwambere. Nuko Yesu arababwira ngo : Ndababwira mu kuri: Abasoresha n'abambaraga bazabatanga mu bwami bw'Imana. 32 Kubera ko Yohana yaje iwanyu mu nzira yo gukiranuka namwe ntimwamwizeye. Ariko abasoresha n'abambaraga baramwizeye : Ariko mwewe mwabonye ibyo ntaho mwihannye ngo mwizere . 33 Mwumve ugundi mugani : Hariho umuntu nyirurugo warateye uruzabibu. Arukikiza uruzitiro, acukuramo icobo co gukamiramo, yubaka mo umunara; arukondesha abahinzi aja mu kindi gihugo . 34 Igihe co gusarura kigeze, atuma abakozi be kuri ba bahinzi kugira ngo abone umusaruro w'uruzabibu rwe . 35 Ba bahinzi bafata za ntumwa, bakubita umwe n'undi baramwica uwa gatatu bamutera amabuye . 36 Yongera gutuma abandi bakozi, umubare gusumba ugwambere ba bahinzi babagenza nk'abambere. 37 Ariko nyuma yaho abatumira umwana we arikugamba ngo : Bazubaha umwana wanje . 38 Ariko ba bahinzi babonye uwo mwana baja inama ngo : Uyu niwe muragwa muze tumwice twifatire ugu murage gwe . 39 Baramufata bamuterera hanze y'uruzabibu baramwica. 40 None si igihe nyiruruzabibu azazira abo bahinzi azabagenza gute ? 41 Baramusubiza ngo : Azabarimbura bikabije abo bagome, azakondesha urwo ruzabibu abandi bahinzi bazamuha umusaruro igihe cago. 43 Niyo mpamvu mbabwiye ko, ubwami bw'Imana buzakurwa muri mwe, bugahabwa ubundi bwoko buzatanga umusaruro. 44 Uzagwa kuri iryo buye azavunagurika , Kandi uwo rizagwaho azashenjagurika. 45 Bamaze kumva iyo migani, abatambyi bakuru n'abafarisayo bamenya yuko ari bo yagambye. 46 Bashaka kumufata ariko batinya abantu kangari kuberako bemeraga ko ari umuhanuzi .