2 Abikorinto 10

1 Njewe Paulo , ndikubasaba nitonze kandi nuzuye ineza ivuye muri Kristo.Njewe meze ngaho ntaco maze iyo ndi hamwe na mwewe , kandi ntho mbatinyiraga naho naba ndi kure yanyu . 2 Ndikusaba ngo igihe nzaba ndi hamwe namwe mutazatuma mbatinyuka , uko gutinyuka ndikumva ngomba kugukoresha imbere y'abariya baturebaga ngaho turiku gendera mu mubiri . 3 Naho turikugendera mu mubiri, ntaho turikurwana dukurikije iby'umubiri . 4 Kuko imbunda turigukoresha muri iri vita ntaho ariz'umubiri , ariko n'izifite imbaraga zo gucagagura imigozi ifungiye abantu akangari na shetani , n'ingufu yivuze ku Mana kandi zemeye na bose . 5 Duhirikaga ibitekerezo byose n'ibyishiraga hejuru byose byidundezaga imbere y'ubumenyi bw'Imana. N'ibitekerezo byose byo kutumvira tukabitsindagura dukoresheje kumvira Kristo . 6 kKandi turi tayari guhana buri jambo ryose ryo kutumvira , igihe ukumvira kwanyu kuzaba kwuzuye . 7 Ibyo muri kureba imbere yanyu n'ibyo murebaga . Niba hariho umuntu urikwibara ko ari muri Kristo , yongereho kumenya ko uko ari muri Kristo nkuko natwe turi muri We . 8 Kuko naho ndikuratira ubutware bwacu , ubwo Umwami wacu yatwihereye tububahe tutari kubasenya , ntaho bizamwaza . 9 Ntaho ndigusha kuboneka ngaho ndikubatinyisha n'ibaruwa zanje . 10 Kuko bagambaga ngo : Ibaruwa ze zirashariye ariko we nta ngufu afite. Amagambo ge ntakirimo co kudufasha.. 11 Umuntu urikugamba guco aba arigutekereza nabi , kubera ko uko tuba turi mu baruwa twandikaga , niko tuba turi mubyo dukoraga turiho cangwa tutariho. 12 Kuko ntaho dutinyukaga cangwa kwisumbukuruza no kumera nk'abamwe bisharaga hejuru, bihinganyazaga ubwabo barikwiganana , kandi bakigereranya kuko ni bantabwenge . 13 Ariko twewe ntaho twirataga ngo turenze urugero , ariko tubaraga , tukereba urugendo rwacu uko rungana n'impano zaho tugejejwe n'Imana kugira ngo na mwewe tubagereho. 14 Ntaho dushaka kwisumbukuruza ngaho tuje hejuru y'ingabano zacu ngo tube ngaho tutabageze ho , kuko koko twarabagezeho , tubazaniye ubutumwa buboneye bwa Kristo . 15 Ntaho twirataga ngo turenze , ntaho twiratiraga ibyo abandi bakoze. Ahubwo , turikwiringira ko igihe kwizera kwanyu kuzakomera , muzatuma dushirwa hejuru , 16 Ibi nibyo byiringiro byacu ngo tumenyeshe ugo mwaze guboneye mu bihugo bya kure yanyu . Ntaho ari kwiratira ibyo dusanze biri tayari , byatayarishijriwe ahandi . 17 Ahubwo urigusha kwirata niyiratire m'Uwiteka . 18 Kuko uwishiraga hejuru atari we wo gushimwa , ariko umuntu wo Umwami arigushima wenyine niwe wogushimwa .