Matayo 27

1 Bwenda guca abatware bakuru bubwo bwoko na batambyi baja inama yo kwica Yesu. 2 Baramuboha bamujana ku mutware Pilato,umuyobozi wi province 3 Noneho Yuda wamugambaniye abonye bamuciriye urubanza aricuza,agarurira abatambyi bakuru bya bice byi feza mirongwi tatu ari kugamba ngo; Nakoze icaha kugambanira amaraso gatariho urubanza 4 nabo baramusubiza ngo ''biramaze kanti birakureba.'' 5 Yuda aterera bya bice by'ifeza mu kanisa aja kwimanika. 6 Abatambyi bakuru bazitoragura barikugamba ngo: << Ntibikwiriye ko zizanwa mu bubiko byera kubera aribiguzi byamaraso>>. 7 bamaze kujinama bazigura umurima wo guhamba mo abashitsi. 8 Niyo mbamvu ugo murima wiswe << Umurima wamaraso>> kugeza nugu minsi. 9 Nibyo byahanuwe numehanuzi Yeremia byasohoye ngo: bajanye ibice byi feza ariko igiciro cuwo baciriye uwo bamwe mu bisiraeli baciriye. 10 Bazigura umurima wumubumbyi nkuko uwiteka yategetse. 11 Ubyo Yesu yarahagaze imbere yubutware aramubaza ngo: mwami wabayunda? Yesu aramusubiza ngo. 12 Ariko Yesu ndiyagira ico asubiza abo batambyi bakuru. 13 Maze Pilato aragamba ngo: Ndiyumvako bakushinja byinshi Nawe ntaho 14 yamushubije ijambo narimwe bituma umutegetsi yarakara. 15 Mugihe c'umunsi mukuru umutegetsi, kubwo imigenzo, abafungurira abari bateranye umufungwa umwe uwo basabye. 16 Kuoko hahariho umufungwa waruzwi witwaga Baraba. 17 Bamaze guterana Pirato ababaza ngo: mbafungurire nde? Baraba cangwa Yesu witwa Kristo? 18 Koko yarabizi ko bamutanze bamwanze, bamufitiye ishari. 19 Amaze kwicara ku ntebe y'ubuzuzi umugire we amutumaho ngo, atagira ijambo narimwe agamba kuriwe kuko ar'umunyakuri. Kuko nababajwe n'amagambo ge mundoto kubera uwo muntu. 20 Nuko abakuru n'abatambyi n'abakuru b'imiryango bosha abaribateraniye aho ngo: basabe Baraba, Yesu abambwe. 21 Ariko umuzuzi arababwira ngo, ninde wo nabafungurira muraba babiri? Baragambe ngo: Baraba. 22 Pilato arababwira ngo, ndakori iki kuri Yesu witwa Kristo? Bose baramubwira ngo abambwe. 23 Kuko yabakoreye iki? Bakomeza kugamba ngo: abambwe. 24 Pilato abonye ko ntacaha yakoze, induru ibanye nyinci, afata amazi akaraba intoke imbere y'iteraniro aragamba ngo: amaraso ge gatambarwa ho. 25 Bagamba ngo: gatubeho n'abana bacu. 26 Yesu Kristo arakubitwa no gutangwa ngo abambwe. 27 Nuko abasoda bamujana kwa Ponsio Pilato. Bamukura mo imyenda bamwambika umwenda gumutuku. 28 Bahambira ikamba ry'imishubi barimwambika m'umutwe, n'urumori mu koboko kwe k'uburyo, 29 baramupfukamira barannyega ngo: namahoro Mwami w'abayuda? 30 Bamuciraho amacanjwe, bafata rwa rumori barumukubita kumutwe. 31 Bamaze kumunnyega bamukuraho umwenda bamwambika imyenda ye baja kumubamba. 32 Mugihe bamaze kuvayo babona umuntu wa kurene wo bitaga Simoni bamuhata kujana nabo ngo yikorere umusaraba gwa Yesu. 33 Bageza aho bitaga i Gilgota, bivuga ngo ahantu hari ihanga, bamuha inzoga y'umukurugutira 34 uvanze mo n'indirwe ngo anywe ho ariko nyuma yaho yanga kunywa. 35 Bamaze kumubamba, bagabana imyenda ye bakora ubufindo kura ngo ibyanditswe bisohore nkuko abahanuzi bari barabitangaje ngo: bagabanye imyenda yanje kandi bayikoreraho ubufindo. 36 Bicara aho baramucunga. 37 Bashira hejuru y'umutwe we ibirego bamuregaga byanditswe ngo: UYU NI YESU UMWAMI W'ABAYUDA. 38 Maze abasambo babiri babambwa nawe, umwe mubiryo n'undi mubumoso. 39 Abaribari gutambuka munzira baramutuka kandi barikuzunguza imitwe yabo. 40 baragamba ngo weho ubomora ikanisa ukayubaka mu misi itatu. Wikize niba uri Umwana w'Imana. Rindimuka kumusaraba. 41 Abatamyi bakuru nabakarani nabo n'abakuru nabo baramunnyega ngo: 42 Yakijije abandi ariko we ntiyashobora kwikiza, niba ari Umwami w'abisiraeri n'amanuke ave kumusaraba natwe turamwemera. Yishingikirije ku Imana ngaho n'imukize niba imukundaga. 43 Kubera ko yagambye ngo: "nd'Umwana w'Imana." 44 N'abasambo babambwe nawe nabo bamutukaga guco. 45 Uhereye ku saha yagatandatu haba ubwira kabiri migihugo cose, kugeza ku saha ya cenda. 46 Maze ku saha ya cenda Yesu agamba ijwi rirenga ngo: "Eli, Eli, lamasabakitani", Mana yanje niki gitumye undeka? 47 Abantu bamwe mu bari bahagaze aho babyumvishije baragamba ngo: "arikwakura Eliya". 48 Ugo mwanya umwe muribo arirukanka ashikira sipongo ayuzuza inzoga isharira kurumuri bararumusomesha. 49 Ariko abandi baragamba ngo: "mureke turebe ko Eliya araza kumukiza". 50 Yesu yongera kwabira n'ijwi rirenga arapfa. 51 Urisika rwakingirizaga agatagatifu ruratandukamo kabiri biturutse hejuru kugeza hasi, isi inyiga umushitsi ibibuye birameneka. 52 Amakaburi garafunguka n'imibiri kangari y'abatagatifu baribapfuye irazuka. 53 Bavuye mukaburi binjira mumugi mutagatifu, Yesu amaze kuzuka abonekera kubantu akangari. 54 Bamaze kubona ugo mutsitsi n'ibyabaye, umukuru w'abasoda b'abaroma, n'abandi baribari hamwe nawe bari gucunga Yesu, baratinya cane baragamba ngo: uyu mugabo koko yari ar'Umwana w'Imana. 55 Ahongaho hari abagore benci bari bavuye i Gariraya, bamuherekeje kugira ngo bamufashe. 56 Hagati yabo harihariho Mariya w'imagdala, Mariya nyina wa Yakobo na Yozefu na nyina w'abahungu ba Zebedeyo. 57 Bigeze kumugoroba haza umugabo w'umukire witwa Yozefu wa Arumatayo. Uwo yari umwigishwa wa Yesu. 58 Aja kwa Pilato gusaba umurambo gwa Yesu. 59 Yozefu afata umurambo aguzingira mu mwenda g'umweru. 60 Agushira mukaburi ko yari yariyiteguriye we ubwe mu butare. Nuko ashira ho ibuye rinini kumwinjiro gwakaburi, maze arigendera. 61 Mariya w'Imagdala n'undi Mariya bari bicaye aho bitegereza akaburi. 62 Bukeye bwaho, gwari umusi gwo kwitegura isabato, abakuru b'abatware, b'abatambyi n'abafarisayo bajana kwa Pilato. 63 Nuko baragamba ngo: "Mutware, twibutse ko wamubeshi yari atariyapfa yaragambye ngo azazuka nyuma y'imisi itatu. 64 None ushireho abarinzi bo gucunga akaburi kugeza kumusi wa gatatu. Kugira ngo baigishwa be batazamwiba bakagamba ko yazutse. Ubwo bubeshi bwanyuma bwaba burigusumba ubwambere." 65 Pilato arababwira ngo: namwe mufite uburinzi bwanyu, mugende, mumucunge namwe nkuko mubyifuza. 66 Baragenda, bashiraho abarinzi bo kurinda, bacunga akaburi, nyuma yaho gushira ikimenyetso kwibuye.