Matayo 15

1 Nuko Abafarisayo n'abanditsi baturutse iYerusalemu bagedera Yesu baramubwira ngo : Kuberiki abigishwa bawe batari kubaha umuco gw'abasaza. 2 Ntaho barigukaraba intoke mbere yo kurya. 3 Arabasubiza ngo: Nukubera iki namwe mutubahirizaga amategeko g'Imana ahubwo mugashira imbere imico yanyu? 4 Imana yagambye ngo : Wubahe so na nyoko, kandi uzatuka Se cangwa nyina azapfe ako kanya. 5 Ariko mwebwe mukagamba ngo buri muntu uza bwira se na nyina ngo: ibyo nagombaga kubafashisha bizava ku Mana. 6 Uwo ntaho azaba yubashe se, ingeso na kamere zanyu byatumye ijambo ry'Imana rita agaciro. 7 Mwebwe mwa ndyarya mwe, Isaya yahanuye kuri mwebwe ngo: 8 Bano bantu banyubahaga ku kanywa gusa, ariko imitima yabo iri kure yanje. 9 Berekanagako banyubashe, kandi barikwigisha ibijanye n'ingeso zabo. 10 Nuko yakura iteraniro ryose, baramusanga arababwira: mwumve kandi musobanukirwe. 11 Ntabwo ar'ikintu cinjiraga mukanwa gihumanya, ariko ibisohokaga mukanwa nibyo byanduzaga, nibyo bibi. 12 Nuko abigishwa be baraza baramubwira: Uzi yuko abafarisayo ba babajwe nabya bindi byo wagambye? 13 Arabasubiza ngo: imbuto yose itara tewe na Data, azayikura . 14 Mubareke abo n'abayobozi b'impumyi kandi impumyi iyoboye iyindi mpumyi zombi zigomba kugwa mu cobo. 15 Petro arabasubiza: Nyabuneka dusobanurire ugo mugani. 16 Ariko namwe kugeza nanubu ntaho mwari mwamenya ico bigambye? 17 Ntaho muzi yuko ikinyuze mukanwa kijaga munda kinyuze mu nzira yaco ? 18 Ariko ibintu byose bisohokaga mu kanwa biba biturutse mu mutima kandi bigaragazaga ico umuntu arico bikamwanduza. 19 Kubera mu mutima g'umuntu havagamo ibitekerezo bibi: ubwicanyi, ubusambanyi, kwifuza umugore ry'uwundi, ubujura, kubesha no kuzimura. 20 Ibi nibyo bitumaga umuntu aba mubi, ariko kurya udagarabye ndaho bihurije n'ingeso zanyu. 21 Yesu ava aho hantu yigira hakurya hafi ya Tiro na Sidoni. 22 Umugore wu munya kanani aturuka hakurya, arikwabira cane ngo: Mbabarire, nyagasani, mwene Daudi, umuhara wanje yafashwe na madayimoni. 23 Ariko Yesu ntaco yamushubije, abigishwa be baraza baramuhendahenda ngo: Nyabuneka mu mubyire agende kubera arikutuyombera. 24 Yesu arabasubiza: Ntimuzi yuko natumwe gushaka no gukiza intama zaheze za Israeli? 25 Nyuma, wamugore araza arapfukama imbere ya Yesu aragamba ngo: Nyabuneka umfashe. 26 Yesu aramusubiza: Ntaho ari byiza gufata ibiryo by'abana bo murugo no kubiterera imbwa. 27 Uwo aramusubiza ngo: Ndabyemeye nyagasani, ariko imbwa nazo zifite uburenganzira bwo gutoragura ibya menetse hasi y'ameza ga shebuja. 28 Nuko Yesu aramusubiza ngo: Wamugore we, kwizera kwawe kurakomeye none bibe nkuko ushaka, ako kanya umuhara we arakira. 29 Yesu avayo, agera ku nkengero y'ingezi y'iGalilaya atarama mu musozi y'icara yo. 30 Abantu kangari bamusangayo bajanye abarwayi babo, ibirema, ibipfa matwi, ibiragi, n'abarwayi akangari bu bwoko butandukanye babarambika kubirenge bye maze arabakiza bose. 31 Abantu bose baratangara babonye ibirema bikize ibiragi birikugamba,ibipfa matwi birikumva, impumyi zirikureba maze barishima bahimbaza Imana ya Isiraeli. 32 Yesu amaze kwakura abigishwa be, aragamba ngo: Mbabariye bano bantu bo tumaranye imisi itatu batari kurya no kunywa kandi ntaho ncaka ko bagenda guco batagwa munzira bitewe n'inzara. 33 Abigishwa be baramubaza ngo: Hano mu butayu turakura hehe imikati yo guhaza abantu akangari kose? 34 Yesu arababaza: Mufite imikati ingahe? baramusubiza: Dufite imikati irindwi n'udusamaki dukeya. 35 Abwira abantu bose ngo bicare hasi. 36 Afata imigati irindwi natwa dusamaki ashimira Imana ahereza abigishwa ngo bahereze buri muntu. 37 Abantu bararya, barahaga, batoragura ibisigarizwa byuzura ibisobane birindwi. 38 Abantu bose bariye no guhaga bari bageze ku ibihumbi bine hatarimo abagore n'abana. 39 Yemerera abantu bose ngo batahe iwabo, naho Yesu yinjira mu bwato yigira hakurya mu mipaka ya Magadani.